Kuri uyu wa 6 Ukuboza 2019, Komite Nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare (FERWACY) yari irangajwe imbere na Aimable Bayingana wari umaze imyaka 11 ayiyoboye bamaze kwegura.
Iyi komite igizwe na Perezida Bayingana, Benoit Munyankindi wa mbere wari umwungirije, Francois Karangwa wa kabiri wari umwungirije, abajyanama babiri, Nosisi Gahitsi Toussaint wari umunyamabanga mukuru ndetse n’umubitsi, Rwabusaza Thierry.
Aimable bayingana yeguye nyuma yo gushinjwa ibyaha n’amakosa muri izi nshingano yari afite harimo ihohotera rishingiye ku gitsina, gukoresha imitungo nabi, kunyereza umutungo, akarengane… nk’uko byashimangiwe mu ibaruwa ifunguye taarifa.rw yatangaje ko ari iya Jonathan Boyer wahoze ari umutoza wa Team Rwanda yandikiye Bayingana tariki ya 4 Ukuboza.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha buri gukurikirana ibyaha Bayingana aregwa nyuma y’iyi baruwa ivugwa ko ari iya Boyer nk’uko rwabitangaje ejo tariki ya 5 Ukuboza.


