Koreya ya Ruguru yamaganye ibihano bishya yafatiwe n’umuryango mpuzamakungu , Loni ku byerekeye umugambi wayo wo gucura intwaro z’uburozi (nucléaire).
Mu itangazo ryaciye mu kinyamakuru cya Koreya ya Ruguru, leta ivuga ko itazigera yemera kuganira ku bijyanye n’umugambi wayo wa “nucléaire” mu gihe umutekano wayo ukibangamiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Muri iryo tangazo havugwamo kandi ko Koreya ya Ruguru itazigera isubira inyuma mu bikorwa vyayo vyo gukomeza ububasha bwa gisirikare bushingiye ku bigwanisho vya “nucléaire”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ku rundi ruhande, Korea y’epfo yikoma Koreya ya Ruguru kuba yahakanye kujya mu biganiro bya gisirikare, isobanura ko bitavuye ku mutima.
Ibihano bishya bya Lon biteganya kugabanya ingano y’ibicuruzwa yohereza hanze bingana na kimwe cya gatatu cy’umusaruro w’iki gihugu, kubera kwanga guhagarika kugerageza intwaro zo bwoko bwa “missile” na “nucléaire”.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


