Koreya ya Ruguru yongeye kurasa misile nyinshi, zirimo na misile zo mu bwoko bwa misile ballistique zambukiranya imigabane (ICBM) bihatira Guverinoma y’u Buyapani gutanga integuza zo kwimuka mu bice by’amajyaruguru no hagati mu gihugu .
Iri rasa rya missile ryo kuri uyu wa Kane niryo riheruka mu igerageza ry’intwaro za Koreya ya Ruguru mu mezi ashize ryazamuye umwuka mubi mu karere. Bije nyuma y’umunsi umwe Pyongyang irashe misile zirenga 20, nyinshi cyane mu munsi umwe, zirimo imwe yaguye ku nkombe za Koreya y’Epfo ku nshuro ya mbere maze bituma Seoul irasa misile zo gusubiza icyo gikorwa.
N’ubwo guverinoma yabanje kuburira ko misile yanyuze hejuru y’u Buyapani, nyuma Tokyo yavuze ko ibyo atari byo nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga.
Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane, ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Fumio Kishida, byari byatanze umuburo ku baturage bo muri Perefegitura z’amajyaruguru no hagati za Miyagi, Yamagata na Niigata, ibategeka kwihisha mu nyubako zikomeye cyangwa mu nsi yazo. Serivisi za gari ya moshi muri utwo turere zahagaritswe by’agateganyo nyuma yo kwikanga misile mbere yo gusubira mu kazi.
Kishida, yavuze ko misile ya mbere yarashwe ishobora kuba yari ICBM, yamagana igerageza rya Koreya ya Ruguru avuga ko abayobozi barimo gusesengura amakuru arambuye ku ntwaro zakoreshejwe.
Yongeyeho ati: “Koreya ya Ruguru irasa misile inshuro nyinshi birababaje kandi rwose ntibishobora kwihanganirwa.”
Ku itariki ya 4 Ukwakira, Koreya ya Ruguru na none yari yanyujije misile ballistique hejuru y’u Buyapani ku nshuro ya mbere mu myaka itanu, bituma abaturage baburirwa ngo bashake aho bihisha. Ni yo missile Pyongyang yari irashe kure cyane bwa mbere.


