Kwinjiza abari intagondwa za IS muri FADM byafasha mu kurwanya iterabwoba_Umusesenguzi

Sangiza iyi nkuru

Umusesenguzi mu by’umutekano akaba n’umwarimu muri kaminuza ya California, Prof. Kai M. Thaler avuga ko kwinjiza mu ngabo za Mozambique (FADM) abahoze ari intagondwa zegamiye kuri IS (Islamic State) zikorera muri Cabo Deglado, byatanga umusanzu ukomeye mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.

Prof. Thaler mu busesenguzi bwe bwasohotse muri Washington Post ku wa 27 Kanama 2021, yasobanuye uko izi ntagondwa zari zarafashe ahantu h’ingenzi harimo ahabitse umusaruro wa gazi na peteroli nka Palma na Mocimboa da Praia kuva mu 2017, ariko nyuma y’igihe gito ingabo z’amahanga by’umwihariko iz’u Rwanda zigera ku 1000 zigezeyo, utu duce tukaba twarasubijwe mu maboko ya leta.

N’ubwo izi ntagondwa zahunze zikava mu birindiro zari zarashinze, uyu musesenguzi avuga ko zahungiye mu baturage ku buryo byagorana kuzitandukanya nabo, cyane ko iyi ntara yiganjemo abayoboke b’idini rya Isilamu bahuje imyemerere nazo.

N’ubwo bimeze bitya, ngo birashoboka ko Leta ya Mozambique yarwanya ibikorwa by’iterabwoba by’izi ntagondwa mu buryo bugaragara ikagenzura Cabo Delgado mu buryo buhoraho, yifashishije ubunararibonye ingabo z’u Rwanda ziri kuyifasha zisanganwe.

Yagize ati: “Igisirikare cy’u Rwanda gifite amateka yo kwinjiza abari abarwanyi muri cyo, ni uburyo bwatanze umusaruro mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu majyaruguru y’uburengerazuba nyuma yo guhagarika jenoside mu 1994.”

Uburyo bwo kwinjiza abahoze ari intagondwa mu ngabo, avuga ko bwagiye bufasha n’ibindi bihugu bitandukanye, cyane cyane bikaba bubifasha mu kongerera ubushobozi ubutasi mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Ati: “Ubutasi bwiza bwafasha Leta gukomeza kugenzura Cabo Delgado, cyane mu gihe ingabo z’amahanga zaba zaragiye.”

Yatanze ibisobanuro bitatu ku buryo kwinjiza intagondwa mu ngabo byakongerera imbaraga ubutasi mu kurwanya iterabwoba:

Icya mbere, yavuze ko mu gihe intagondwa zirukankanwa, zihungira mu baturage basanzwe batabona inzego za Leta by’umwihariko hafi yabo. Ibi ngo bituma zibona ubufasha buturuka mu baturage, zikanakorana nabo. Abona ko Leta ya Mozambique iyobowe n’abakirisitu, ifite imikoranire mike n’abasilamu baba muri Cabo Delgado ku buryo byagorana ko yabona amakuru kuri izi ntagondwa.

Ati: “Ibaye yinjije abahoze ari intagondwa mu ngabo, zayifasha kumenya aho bagenzi bazo bihishe. [Abari intagondwa] bakorana byoroshye n’abaturage kugira ngo babahe amakuru.”

Icya kabiri, yavuze ko kwinjiza intagondwa mu ngabo, byatuma abaturage bizera Leta kurusha uko bimeze ubu, cyane ko basanzwe bakorana n’izi ntagondwa kubera ko bazibona nk’abo bahuje byinshi cyane ko ari Abasilamu. Aha imikoranire hagati y’abaturage n’inzego za Leta yakwiyongera.

Icya gatatu, yavuze ko kwinjiza intagondwa mu ngabo, byafasha Leta kumenya uburyo n’amayeri yazo, ikanasobanukirwa impamvu kuzihashya byari byarayinaniye. Ati: “Guhishurirwa uko intagondwa zikura, no kumenya uburyo bwiza bwo kuzirwanya bwayifasha kwirinda gusubiramo amakosa y’ahahise.”

Aya makosa y’ahahise Prof. Thaler avuga ni ayo kunanirwa gutsinda izi ntagondwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *