Leon Goretzka yashinje Haaland kwicisha abakinnyi ba Bayern Mà¼nich imisuzi

Sangiza iyi nkuru

Leon Goretzka ukinira ikipe ya Bayern Mà¼nich yo mu Budage, yashinje rutahizamu Erling Haaland wa Manchester City kwifashisha imisuzi nk’intwaro yo gutuma bagenzi be batamufata mu kibuga.

Uyu mukinnyi wo hagati mu kibuga yashinje uriya rutahizamu w’umunya-Norvège kugaragaza iriya myitwarire mu mikino ya ¼ cy’irangiza cya UEFA Champions league Man City yasezereyemo Bayern Mà¼nich ku giteranyo cy’ibitego 4-1.

Daily Star yasubiyemo amagambo ya Leon Goretzka avuga ko ibyo Haaland yakoze ari ugusuzugura bagenzi be.

Ati: “Nta cyubahiro agaragariza abo bahanganye. Incuro zose twamwegeraga yahitaga asura.”

Amashusho amaze igihe akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana aba bakinnyi bombi bavugana ubwo bari mu kibuga, ariko Goretzka yipfutse amazuru bisa n’aho hari ibyamunukiraga.

Haaland uheruka kwesa umuhigo wo kuba umukinnyi wa mbere mu mateka ya shampiyona y’u Bwongereza watsinze ibitego byinshi muri season imwe, anaheruka gushinjwa na Ben Mee wa Brentford kuba ajya anosha bagenzi be bahanganye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *