Leta y’u Rwanda ivuga ko Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) na Uganda ari byo bihugu bicumbikiye abatorotse ubutabera benshi bakurikiranyweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kurusha ibindi bihugu.
Nk’uko The East African ibivuga, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwemeza ko kugeza ku wa 19 Gicurasi 2022, hari abantu 1147 batorotse ubutabera, 785 muri bo bakaba bacumbikiwe mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC.
Uru rwego ruvuga ko muri aba 785 harimo: 408 baba muri RDC, 277 baba muri Uganda, 52 baba muri Tanzania, 35 baba muri Kenya na 16 baba mu Burundi.
Umuvugizi w’uru rwego, Nkusi Faustin, yasobanuye ko kuba abatorotse ubutabera badashobora kohereza mu Rwanda cyangwa ngo baburanishirizwe mu bihugu bibacumbikiye biterwa n’impamvu zirimo kuba bamwe muri bo barahinduje ibyangombwa bibaranga.
Yagize ati: “Turacyahura n’imbogamizi, nk’aho abatorotse bahindura ibyangombwa, ubwenegihugu, aderezi z’aho batuye, amakuru y’ibinyoma by’uko bapfuye. Na none, hari ubwo tuba tudafite amakuru yizewe y’aho baherereye.”
Mu batorotse, 28 ni bo bonyine boherejwe mu Rwanda. Barimo : 6 boherejwe na Amerika, 4 muri RDC, 4 mu Buholandi, 3 muri Uganda, Congo-Brazaville ni umwe na Malawi ni umwe. Ababuranishirijwe hanze ni 24, muri bo nta n’umwe waburanishijwe n’igihugu cya Afurika.


