Leta ya Congo irashinjwa kugira uruhare mu mvururuza ziciwemo abasaga 50

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’abibumbye uratunga agatoki Leta ya Congo Kinshasa kuba inyuma y’imvururu zabaye muri uku kwezi zigahitana ababarirwa muri 50 bigaragambyaga bamagana Perezida Kabila.
pol
Inama y’agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, yaberaga i Geneve mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nzeli, yasabye ko hatangizwa iperereza muri RDC rigamije kugaragaza ukuri kw’intandaro zaguyemo aba baturage babarirwa muri 50.
Nk’uko RFI ibitangaza, Umuyobozi w’aka gashami avuga ko iryo perereza rikozwe mu mucyo kandi ryizewe ryazatuma hamenyekana nyirabayazana w’izo mvururu bagashyikirizwa inkiko.
Mu matariki ya 19 na 20 Nzeli, nibwo imyigaragambyo yabaye mu mujyi i Kinshasa, polisi y’igihugu ikaba yaratangaje ko abantu 32 aribo bayiguyemo mu gihe abatavuga rumwe na Leta bo bavuga ko hishwe abari hagati ya 50 n’100.
Aba baturage bakaba barigaragambyaga bamagana umugambi wa Perezida Kabila wo kugundira ubutegetsi, bo ubwabo bakaba baramusabaga kuba yavuye ku butegetsi bitarenze tariki ya 20 Ukuboza uyu mwaka.
kins
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/bwiza,com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *