Leta ya Ethiopia yahambirije abakozi bakuru 7 b’Umuryango w’Abibumbye

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Ethiopia yahambirije abakozi 7 bakuru b’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa Loni, Stephanie Tremblay mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane.

Antonio Guterres, umunyamabanga Mukuru wa Loni, avuga ko yumijwe n’iki cyemezo ubwo yumvaga aya makuru yerekeye iyirukanwa ry’abakozi b’uyu muryango bahawe amasaha 72 yo kuva ku butaka bwa Ethiopia.

Aba bakozi Ethiopia ishinja kwivanga mu bibazo byayo birukanwe mu gihe iki gihugu gihanganye n’ikibazo gikomeye cy’inzara mu ntara ya Tigray imaze igihe iberamo imirwano.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni avuga ko aba bakozi birukanwe mu gihe umuryango wari urimo gutanga imfashanyo zikenewe cyane zirimo ibyo kurya, imiti, amazi n’ibindi.

Nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga, Guterres yatangaje ko bari kuvugana n’abayobozi ba Ethiopia ngo harebwe ko Loni yakwemererwa gusubukura ibikorwa byayo muri iki gihugu.

Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kikaba cyamaganye iki cyemezo cya Ethiopia kivuga ko kitazazuyaza gufatira ibihano abantu bose babangamira ibikorwa by’ubutabazi mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *