Leta ya Gambia yahaye gasopo uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Yahya Jammeh nyuma y’uko atangaje ko ateganya gusubira mu gihugu mu kwezi k’Ugushyingo 2025.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na guverinoma kuri uyu wa kabiri, yihanangirije Jammeh ko naramuka agarutse, azahita afatwa, agafungwa, kandi akurikiranwe ku byaha bikomeye ashinjwa kuba yarakoze mu gihe cy’imyaka 22 yamaze ku butegetsi.
Iri tangazo rigira riti: “Nta masezerano na mwe yamuhaye ubudahangarwa. Uburenganzira bwe nk’umwenegihugu bwo gutaha burubahirizwa, ariko ntibukingira umuntu ubutabera.”
Guverinoma ivuga ko ibirego bya TRRC, Komisiyo ishinzwe Ukuri, Ubwiyunge n’Impozamarira, bimushyira mu majwi mu byaha birimo ubwicanyi, iyicarubozo, gufata ku ngufu, no gukoresha imbaraga ku batavuga rumwe na we.
Iri tangazo ryakurikiriye ijambo ry’amajwi ryasakajwe n’abamushyigikiye, aho Jammeh yatangaje ko azagaruka mu gihugu mu Ugushyingo kandi ko azongera kuyobora ishyaka rye rya APRC.
Yavuze ko ngo hari amasezerano yagiranye n’imiryango mpuzamahanga irimo Ubumwe bw’Afurika, ECOWAS, Loni, n’Ubumwe bw’u Burayi, ashingiraho kuvuga ko “nta kizamutangira gutaha”.
Ariko leta ya Gambia yahakanye ibyo, ivuga ko nta masezerano nk’ayo ahari, kandi ko Jammeh agomba guhagarara imbere y’ubutabera kubera ibyaha byemejwe n’ibimenyetso bifatika.
Yahya Jammeh yahungiye muri Guinea Equatoriale mu 2017, nyuma y’amatora yo mu 2016 yatsinzwemo na Adama Barrow. Nyuma yo kubanza kwemera ibyavuye mu matora, Jammeh yahise abivuguruza, bituma igihugu kigera mu mvururu za politiki zatumye ahungishwa.
Perezida Adama Barrow we yigeze gusaba kera ko Yahya Jammeh akurikiranwa, avuga ko “nta muntu uri hejuru y’amategeko.”
Mu magambo y’inzego za leta, Jammeh aracyafatwa nk’umuntu ukorwaho iperereza, kandi azakurikiranwa naramuka agarutse mu gihugu.


