Ku ya 29 Nyakanga 2022, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yategetse abakozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika badakenewe cyane ndetse n’imiryango yabo kuva mu gihugu cya Mali kubera ubwiyongere bw’iterabwoba mu turere dukunze kugendwa n’abanyaburengerazuba.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ivuga ko Ambasade ya Amerika ikomeje kugira ubushobozi buke bwo gutanga ubufasha bwihutirwa ku baturage ba Amerika muri Mali.
Iyi minisiteri kandi yerekana cyane ko “imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikomeje gutegura ishimuta n’ibitero muri Mali” kandi ko ishobora gutera “utubyiniro, amahoteri, resitora, aho basengera, za ambasade z’amahanga n’ahandi hantu hakunze kugaragara n’abanyaburengerazuba”.
Kubera ko Ambasade y’Amerika ifite ubushobozi buke bwo gutanga ubufasha bwihutirwa ku baturage ba Amerika muri Mali, abakozi badakenewe n’imiryango yabo rero basabwe kuva mu gihugu nk’uko tubikeshaurubuga senego.com.
Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rije nyuma y’uko umutwe uvuga ko ushinzwe gushyigikira ubuyisilamu n’abayisilamu (GSIM) utangaje ku wa Gatatu ko witegura kugaba ibitero bikomeye i Bamako.
Abou Yahya, umwe mu bagize ubuyobozi bukomeye bw’uyu mutwe w’abajihadiste ni we watangaje iki gitero ku murwa mukuru wa Mali mu mashusho y’iminota 4.


