Libya: Toni 2,5 z’ubutare bwa uranium bukorwamo intwaro za kirimbuzi zaburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Kuva mu 2003 ni bwo Libya yahagaritse gahunda yayo yo gukora intwaro za kirimbuzi. Nyamara, Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kugenzura ingufu za kirimbuzi (IAEA) cyatangaje kuri uyu wa Gatatu ushize ko toni 2,5 z’ubutare bwa Uranium zaburiye muri Libya, gisobanura ko kigiye kubikoraho iperereza .

Mu ruzinduko rwabaye ku wa Kabiri, abagenzuzi bo mu Muryango w’Abibumbye “bavumbuye ko kontineri 10 zipakiye toni zigera kuri 2,5 za uranium zitari ziri aho bari batangarijwe n’abayobozi ko ziri,” nk’uko Umuyobozi mukuru Rafael Grossi yanditse muri raporo igenewe ibihugu bigize uyu muryango.

IAEA isobanura ko izakora “igenzura” kugira ngo “isobanure neza uko ibura ry’ubu butare bwa kirimbuzi ryagenze ndetse n’aho bwarengeye” nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ivuga.

Libya yaretse gahunda yayo yo guteza imbere intwaro za kirimbuzi mu 2003 igihe yari iyobowe na Muammar Kadhafi.

Kuva yicwa mu 2011 nyuma y’imyaka 42 ari ku butegetsi, iki gihugu cyaranzwe n’ibibazo bikomeye bya politiki, aho abayobozi bahanganye bafite icyicaro mu burasirazuba abandi mu burengerazuba, imitwe yitwara gisirikare itabarika, abacanshuro batatanye hirya no hino mu gihugu, kubera kwivanga kw’amahanga mu bibazo by’iki gihugu.

Guverinoma ebyiri zirahatanira ubutegetsi, imwe ifite icyicaro i Tripoli (iburengerazuba) kandi yemewe na Loni, indi ikuriwe n’umunyambaraga wo mu burasirazuba bwa Libya, Marshal Khalifa Haftar.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *