Icyamamare muri ruhago, Lionel Messi ashobora kutazagaragara mu mikino y’igikombe cy’isi 2018 nyuma yaho ikipe ya Argentine akinamo inganyije na Pérou, amahirwe akayoyoka.
Umukino wahuje ikipe ya Argentine na Pérou wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017, amakipe yombi anganya ubusa ku busa (0-0), ikipe ya Argentine yari yakiriye iwayo, yahise iza ku mwanya wa 6, ivuye ku wa 5 mu imikino y’ijonjora mu Majyepfo ya Amerika.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikipe iri ku mwanya wa mbere ni Brazil, kabiri ni Urguay, gatatu ni Chili, kane ni ikipe ya Colombie, gatanu ni Pérou, Argentine ikaza ku mwanya wa 6 ikurikirwa na Paraguay.
Kuba ikipe ya Argentine, Messi akinamo iri ku mwanya wa 6, hagomba kuzamuka 4 indi imwe ikaba yazamuka bigoranye kuri ( Match de barrage ), iyi yo ikaba ikiri kuri 7, amahirwe isigaranye ngo ibye yazakina icy’isi, ni uko andi makipe ayirusha yakwitwara nabi, yo ntitakaze amanota mu mikino isigaye.
Igikombe cy’isi 2018, kizabera mu Burusiya gihera ku wa 14 Kamena kugera 15 Nyakanga 2018.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Kalawo M.Eliezer /Bwiza.com


