London: Abakozi b’ivuriro bagerageje kwinjira mu makuru bwite ya Princess Kate

Sangiza iyi nkuru

Urwego rukurikirana amakuru mu Bwongereza rurimo gusuzuma raporo z’abakozi bo mu bitaro Igikomangomakazi cya Wales, Kate Middleton, yabagiwemo, bivugwa ko bagerageje kwinjira mu makuru y’ubuzima bwe bwite.

Ikinyamakuru Daily Mirror cyatangaje ko abakozi bo ku ivuriro London Clinic, rikunze gukoreshwa n’abagize umuryango w’ibwami – “bagerageje kugera kuri raporo zigaragaza uko ubuzima bwe (Kate) buhagaze”.

Ibiro by’abakomiseri bashinzwe amakuru (ICO) byemeje ko byakiriye “raporo yo kurenga ku mategeko” kandi barimo gukora iperereza.

BBC yavuganye n’ivuriro London Clinic kugirango igire icyo ibivugaho.

Nk’uko ikinyamakuru Mirror kibitangaza ngo “nibura umwe mu bakozi ngo yafashwe agerageza kubona” inyandiko z’ubuvuzi z’igikomangomakazi.

Iki kinyamakuru kivuga ko iperereza ry’imbere ryatangijwe muri ibi bitaro byigenga bya Londres, byavuye Igikomangomakazi cya Wales ndetse n’Umwami Charles III mu mezi ashize.

Muri Mutarama, Princess Catherine (bakunze kwita Kate) yabazwe mu nda kubera uburwayi butamenyekanye maze ahagarika imirimo ya Leta ngo abanze gukira.

Abajijwe ku nkuru ya Mirror, umuvugizi wa ICO yagize ati: “Dushobora kwemeza ko twabonye raporo yo kutubahiriza amategeko kandi ko turi gusuzuma amakuru yatanzwe.”

ICO igenzura imikoreshereze y’amabwiriza yo kurinda amakuru n’ubwisanzure mu gutanga amakuru mu Bwongereza.

Amakuru ya BBC ntiyashoboye kugenzura mu bwigenge ibyo Mirror yavuze, byatangajwe ku mugoroba wo ku wa Kabiri.

Umuvugizi w’ingoro ya Kensington yanze kwemeza cyangwa guhakana ayo makuru, yongeraho ati: “Iki ni ikibazo kireba London Clinic.”

Ibi birego bije bikurikira impuha zikomeje gukwirakwizwa kuri internet ndetse n’umugambi w’ubugambanyi ku buzima bwa Princess Kate mu gihe akomeje kutagaragara mu bikorwa rusange.

Catherine kandi yasabye imbabazi nyuma y’uko bigaragaye ko ifoto y’umunsi w’ababyeyi we n’abana be batatu yahinduwe, iki kikaba ari ikintu cyateje ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *