bahati_xavier_22_02145.jpg

Loni yagaragaje ukuri kuri embargo bivugwa ko yafatiwe Igisirikare cya RDC

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 09 Ugushyingo, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, Modeste Bahati Lukwebo, yakiriye Perezida wa Komite ishinzwe ibihano mu Kanama gashinzwe Umutekano ka Loni, Michel-Xavier Biang wasobanuye ikibazo kijyanye n’ibihano (embargo) bivugwa bibuza Repubulika ya Demokarasi ya Congo kugura intwaro .

Michel-Xavier BIANG yasobanuye ko nta bihano byo kugura intwaro biri kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’intumwa z’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, ngo imitwe yitwaje intwaro ni yo yonyine irebwa n’iki cyemezo cya embargo. Ati: “Ntibashobora kwigurira intwaro cyangwa amasasu.”

Ku bijyanye n’uburyo bwo kumenyesha mu gihe igihugu gishatse kugura intwaro, Michel-Xavier BIANG yasobanuye ko abagurisha intwaro RDC yifuza ari bo bafite inshingano yo kubimenyesha akanama gashinzwe umutekano.

Ati: “Icyemezo cya embargo kireba imitwe yitwaje intwaro gusa. Guverinoma ya RDC ntabwo irebwa n’iki cyemezo ahubwo iherekezwa n’inshingano zo kubimenyeshwa kandi zitanareba guverinoma ahubwo ni abafatanyabikorwa [abagurisha ibikoresho] RDC ishobora gukorana na bo. ”

Ku bwe, Icyemezo 1807 cyo mu 2008 giha RDC umudendezo wo kugura ubwoko bwose bw’intwaro, amasasu, indege n’ibindi bikoresho bya gisirikare byo kurinda ubutaka bwayo.

Icyemezo kibuza RDC kugura intwaro cyari cyemejwe mu 2000. Mu 2008, akanama gashinzwe umutekano kemeje gufatira iyi embargo imitwe yitwaje intwaro gusa, mu gihe abagurisha leta intwaro bagombaga gusa kubimenyesha akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekaano.

bahati_xavier_22_02145.jpg

Iki cyemezo gishya cyemejwe muri Nyakanga umwaka ushize cyo cyongereye umwaka inshingano zo kumenyeshwa ubwoko 5 gusa bw’intwaro, burimo mortiers, imbunda zirasa grenade, sisitemu yo kwirinda ibitero byo mu kirere (MANPADS), na misile zirwanya ibifaru”.

Umukozi w’umuryango w’abibumbye yabwiye POLITICO.CD ati: “Mu kwemeza iki cyemezo, Umuryango w’abibumbye uratumenyesha ko byihutirwa kunoza gahunda y’igihugu yo kugenzura ikwirakwizwa ry’intwaro mu gihugu.”

Ibi byatangawe mu gihe uhagarariye RDC mu Muryango w’Abibumbye yari aherutse gusaba akanama gashinzwe umutekano kuwa 29 Kamena 2022, gukuraho burundu ubwo buryo bwo kumenyesha, bumaze imyaka irenga 14, ibyo yabonaga ko “bishaje rwose”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *