Umuryango w’abibumbye uvuga ko mu Burundi umwuka mubi wa politiki ukomeza kuba mubi, ugasaba Perezida Nkurunziza w’iki gihugu kutazisubiraho ku ijambo yavuzeko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2020.
Muri raporo y’amezi atatu ashize ku Burundi yashyizwe hanze n’uyu muryango, umunyamabanga mukuru wa ONU, Antonio Guterres, yavuze ko biri uko mu gihe ibiganiro bihuza Abarundi byahagaze.
Perezida Nkurunziza uje muri iyi raporo, yatangaje muri Nyakanga umwaka ushize ko atazongera kwiyamamaza nyuma ya manda eshatu amaze ayobora u Burundi.
Perezida Nkurunziza yatangaje ko ataziyamamaza ahubwo ko azashyigikira uwo ari we wese abaturage bazaba bitoreye.
Iyo raporo irashima ko Komisiyo ishinzwe amatora yashyizeho abayihagarariye mu Ntara no muri za Komine ariko ONU ikababazwa n’uko biboneka ko abafite uruhare bose mu matora batazayitabira.
ONU ivuga ko ibabazwa n’ibikorwa n’Imbonerakure hamwe n’abayobozi b’inzego zo hasi, iti “bakomeza kuburabuza abatavuga rumwe na Leta cyane cyane abarwanashyaka ba CNL”.
ONU yerekana ko abarwanashyaka b’ishyaka CNL bafunzwe, abandi barakubitwa, abicwa, abandi bagashimutwa ndetse n’ibiro byabo bigasenywa.
Antonio Guterres anibutsa ko abatavuga rumwe na Leta bahuriye mu ihuriro CNARED bemeye ko bazitabira amatora n’aho bavuga ko hari byinshi byabanza gukorwa.
Ku ngingo irebana n’uburenganzira bwa muntu, umunyamabanga mukuru wa ONU, Antonio Guterres avuga ko hakiri ibimenyetso byinshi by’abahohoterwa. Atunga agatoki urwego rw’iperereza, igipolisi, urubyiruko rw’Imbonerakure rubarizwa mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD hamwe n’inzego z’ibanze.
ONU isaba ko mu gihugu hagaragara ituze abifuza kujya mu matora bakitabira batuje.
Iki cyegeranyo gikorwa uko amezi atatu ashize ku Burundi cyasabwe n’akanama ka ONU gashinzwe amahoro n’umutekano.


