Louise Mushikiwabo yamaganye igitero cyahitanye abasirikare barindwi ba Djibouti

Sangiza iyi nkuru

Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie (OIF), yababajwe n’urupfu rw’abasirikare barindwi ba Djibouti mu ijoro ryo ku ya 6 kugeza ku ya 7 Ukwakira 2022 i Garabtisan, mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’umurwa mukuru.

Ku wa Gatanu ushize, mu gicuku, abantu bitwaje imbunda bo mu mutwe wa Front pour la Restauration de l’Unité et de la Démocratie (FRUD) bateye ingabo za Leta zikorera i Garabtisan.

Iki gitero cyahitanye abasirikare barindwi, bane barakomereka ndetse batandatu baburirwa irengero. FRUD ivuga ko yagabye iki gitero mu rwego rwo gusubiza igitero Ingabo za Djibouti zagabye ku barwanyi bayo.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, ryakiriwe ku wa Gatatu na APA News, Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie (OIF), yamaganye byimazeyo ubwo bugizi bwa nabi bwubuye.

Uwahoze ari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda na we yanatanze “ubutumwa bwo kwihanganisha no kwifatanya kuri guverinoma, ku baturage ba Djibouti ndetse no ku miryango ndetse n’abakunzi b’abasirikare bishwe”.

Mu gusoza ijambo rye, Mushikiwabo yongeye gushimangira ko “ashyigikiye amahoro” kandi yongera gushimangira “inkunga ye idahwema mu gushyigikira umutekano wa Djibouti”.

Umutwe wa FRUD washinzwe muri Kanama 1991 ugamije kuzamura ijwi ry’abaturage ba Afar bavuga ko bahejejwe inyuma. Itsinda rito ry’umutwe, nubwo ryasinyanye na guverinoma amasezerano y’amahoro muri Mata 2001, ukomeje urugamba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *