APR FC mu myitozo ya nyuma, yitegura Musanze FC irayakirira kuri Stade Ubworoherane

Lt Gen. Muganga yasabye APR FC gukina na Musanze FC nk’idafite undi mukino isigaje

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt Gen. Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe gukina n’aba Musanze FC nk’abadafite undi mukino basigaje inyuma.

Lt Gen. Muganga yabivuze nyuma yo gukurikirana imyitozo ya nyuma ya APR FC yabereye muri Stade Ubworoherane, mbere yo gukina na Musanze FC umukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere kuri uyu wa 26 Gashyantare 2023.

Yabwiye abakinnyi ko buri mukino muri 10 basigaje muri shampiyona bagomba kuwufata nk’uwa nyuma, bagakinana umurava kugira ngo bazegukane igikombe. Ati: “Dusigaje imikino 10 imbere yacu bityo yose tuyifate nka finale nk’uko dusanzwe duha agaciro indi mikino.”

Nk’uko urubuga rw’iyi kipe rubivuga, Lt Gen. Muganga yakomeje asaba abakinnyi kumenyera ikibuga cya Musanze FC. Ati: “Iki kibuga ntikimeze nk’ibyo musanzwe mukiniraho ariko mugomba kumenyera imiterere yacyo kandi mukazatahana intsinzi.”

Ku rutonde rwa shampiyona, APR FC iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 40. Nitsinda umukino w’uyu munsi, irayobora uru rutonde, ikurikirwe na Rayon Sports ifite amanota 42, Kiyovu ifite amanota 41 ize ku mwanya wa gatatu.

APR FC mu myitozo ya nyuma, yitegura Musanze FC irayakirira kuri Stade Ubworoherane
APR FC mu myitozo ya nyuma, yitegura Musanze FC irayakirira kuri Stade Ubworoherane

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *