Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja izo wita ‘ingabo nshya’ za Repubulika ya demukarasi ya Congo zigizwe na FARDC, abacancuro n’indi mitwe irimo FDLR, Nyatura, APCLS, PARECO, CODECO na Mai Mai kujya muri bimwe mu bice iherutse kurekura.
M23 iremeza ko yarekuye: Karuba, Muremure, Nyamitima, Nkingo, Shasha, Kagano, Kihuli (ku minara itatu), Malehe, Kingi, Mweso, Katolo, Kibingo, Kashalira, Kibirizi, Katanda, Kilima, Mayi ya Moto, Neenero, Matanda, Rubaya, Bihambwe, Nyakajanga, Ishasha, Nyamilima no mu nkengero.
Uyu mutwe witwaje intwaro uravuga ko izi ngabo nshya za RDC zishe umuforomo tariki ya 14 Werurwe 2023, ubwo zari zimaze gufata Paruwasi ya Matanda. Aha, kimwe n’ahandi havugwa haruguru hose ni muri teritwari ya Masisi, intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Tariki ya 14 Werurwe, M23, ubuyobozi bw’ingabo ziri mu mutwe w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACRF) ndetse n’abahagarariye izindi nzego zegamiye ku karere, bagiranye inama y’uburyo aho yagenzuraga yaharekura, izi ngabo zikaba ari zo zihagenzura.
Mu itangazo Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yashyize hanze kuri uyu wa 17, yashimye ko ingabo za EACRF zatangiye kugenzura Karuba, Mushaki na Kilolirwe, usaba ko hoherezwa izindi no mu bindi bice bituwe cyane birimo Mweso, Kibirizi no mu nkengero kugira ngo zibarindire umutekano kuko ngo hari abafite ubwoba bwo gutsembwa.
M23 ivuga ko mu gihe yemeye kurekura ibice yari yarafashe, yiteguye kwirwanaho mu gihe yaterwa, kandi ngo izakoresha imbaraga zose ifite mu kurinda umutekano w’abatuye mu bice ikigenzura ndetse n’imitungo yabo.


