Umutwe witwaje intwaro wa M23 wahakanye gukorana na Leta y’u Rwanda, usobanura ko wahoze ari inshuti ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi Tshilombo mbere y’uko aba Umukuru w’Igihugu.
Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma yabitangarije mu butumwa yageneye uyu Mukuru w’Igihugu n’Umuvugizi wa Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rw’igisirikare, Brig. Gen. Sylvain Ekenge.
Uyu musirikare yatanze ubu butumwa asobanura byinshi ku mirwano yahuje M23 n’ingabo za Leta yemeza ko zifatanya na FDLR, Nyatura n’indi mitwe yitwaje intwaro hamwe n’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO.
Kuri masezerano ya M23 na Tshisekedi yo mu 2020, Maj. Ngoma yagize ati: “Hari amasezerano yasinywe hagati yacu na guverinoma ya Félix Tshisekedi. Na mbere y’uko aba Perezida wa Repubulika, hari umubano mwiza hagati ya M23 na Tshisekedi. Twarwanyije Kabila dufasha uyu Perezida. Uyu munsi avuga ko duhabwa ubufasha n’u Rwanda mu gukora ubushotoranyi. Byashoboka bite ko dushotora iki gihugu? Byumvikana bite? Twebwe na we twasinyanye amasezerano kandi arasobanutse.”
Mu masezerano uyu musirikare yemeza ko M23 yagiranye na Tshisekedi, harimo kumufasha kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomoka muri Uganda. Ngo bagombaga kwifatanya n’indi mitwe irimo MLC ya Jean-Pierre Bemba n’undi wa General Faustin Munene.
Maj. Ngoma abona nta nyungu Leta y’u Rwanda yagira mu kuba yakwinjira muri aya makimbirane yemeza ko ari ay’Abanyekongo. M23 yo ngo iraharanira uburenganzira bw’abaturage babayeho nabi kubera ko abayobozi ba RDC bananiwe gukora inshingano.


