M23 yaraye idatanze ikigo cya gisirikare cya Rumangabo nk’uko yari yabyemeye

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba z’umutwe wa M23 Werurwe, kuri uyu wa Kane itariki 5 Mutarama 2023 ntizashyikirije, nk’uko byari byatangajwe, inkambi ya gisirikare ya Rumangabo, muri Teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, abasirikare ba Kenya bo mu ngabo z’akarere ka Afurika y’iburasirazuba .

Imihango yo guhererekanya iyi nkambi y’ingabo z’ingenzi yimuriwe kuri uyu wa Gatanu itariki ya 6 Mutarama 2023. Abanyamakuru baturutse i Goma kugira ngo bakurikirane iki gikorwa babujijwe kuhagera n’igisirikare cya Kenya kivuga ko ari ku mpamvu z’umutekano ku muhanda w’igihugu wa 2, nk’uko amakuru aturuka muri sosiyete sivile avuga.

I Rumangabo,abasirikare ba Kenya bahageze kuva ku ya 4 Mutarama 2023, bakorana inama n’inyeshyamba, kugira ngo basobanure neza imirongo ya nyuma y’uko kuva muri iyi nkambi nk’uko tubikesha Mediacongo.net.

Sosiyete sivile ariko muri rusange ikomeje gushidikanya ku bijyanye no kuva muri iki kigo cya gisirikare kwatangajwe n’inyeshymba kuwa Gatatu. Kuri Radio France Internationale (RFI), Gentil Karabuka, perezida w’umuryango utegamiye kuri leta wa Kisagari “yemeza ko iryo ari ikinamico ry’inyeshyamba”.

Ati “Ibyumweru bibiri bishize, bavuze ko bavuye i Kibumba. Ikintu kitakozwe neza kuko nyuma y’itangazo rya jenerali wa Kenya, basanze amaherezo M23 ikomeje kugenzura ako karere.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *