Abavuga ko bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru bagejeje mu bugenzuzi bw’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo ikirego gisaba ko abarwanyi bawo batabwa muri yombi.
Aba Banyekongo bahagarariwe n’umunyamategeko Me Jean-Claude Mwamba bajyanye iki kirego mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2023, nk’uko byemezwa n’abanyamakuru bakorera mu burasirazuba bwa RDC babitangaje.
Ikirego bashoye kivuga ko abarwanyi ba M23 bishe abaturage barenga 1000 muri teritwari ya Rutshuru, Masisi na Nyiragongo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bwa M23 ntacyo buravuga kuri iki kirego ariko bwo busanzwe busobanura ko uyu mutwe witwaje intwaro utica abaturage, ahubwo washinzwe kugira ngo urinde umutekano wabo wari ugeramiwe.
Urugero rw’ubwicanyi M23 yashinjwe ikabuhakana ni ubwo Leta ya RDC ihamya ko bwakorewe muri Kishishe na Bambo muri teritwari ya Masisi.


