Umutwe wa M23 wagize icyo uvuga kuri raporo ya Human Rights Watch iherutse kuvuga ko bamwe mu bagize uyu mutwe barimo guhabwa akazi na perezida Joseph Kabila ngo bamufashe gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
Nk’uko itangazo ryavuye muri M23 rivuga, umuyobozi wayo, Bertrand Bisimwa, ubarizwa muri Uganda, yavuze ko uyu mutwe akuriye uhakana uruhare urwo ari rwo rwose mu kwinjiza abahoze ari abarwanyi b’uyu mutwe mu bikorwa byo gutatanya abigaragambya bamagana perezida kabila mu gihe yitegura amatora mu 2018.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko biteganywa n’amatangazo ya Nairobi, ngo uyu mutwe washyize mu bikorwa gusubiza mu buzima busanzwe abahoze bawurimo ariko Guverinoma ya Congo yo ngo ntiyabikoze nk’uko iyi nkuru dukesha Spyreports ikomeza ivuga.
Bisimwa akaba avuga ko kwinjiza mu buryo bw’ibanga mu gisirikare cya Congo abahoze ari abarwanyi ba M23 ivuga ko n’ubundi bari batakiyibarizwamo (deserters) ari uburyo bwo gushimuta busanzwe buzwi bwatangiriye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi no mu miryango y’abaturage hagamijwe guca intege imyigaragambyo y’abaturage.
Bisimwa akaba yakomeje avuga ko kuba Guverinoma ya Congo yinjiza mu gisirikare abataye akazi (deserters) ndetse n’abantu bari bazwiho kutagira ikinyabupfura ba M23 hagamijwe gucecekesha abaturage biri no mu rwego rwo kubagumisha kure y’abaturage kandi ngo ntibyemewe.
Ati: “ M23 yari yarirukanye izo ngegera zirirwa zikubita abaturage I Kinshasa ”
Nk’uko byatangajwe muri raporo ya Human Rights Watch, ngo byibuze abantu 200 bahoze ari abarwanyi ba M23 binjijwe mu gisirikare cya FARDC na bamwe mu bayobozi bakuru b’ingabo ngo barwanye imyigaragambyo yamagana perezida Kabila kugirango azagume ku butegetsi.
Uyu muryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu ukaba uvugwa ko ibi byakozwe hagati y’Ukwakira no mu ntangiriro z’Ukuboza mu 2016 mu bigo bya gisirikare n’iby’impunzi mu Rwanda no muri Uganda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


