Perezida Emmanuel Macron avuga ko “atazasaba imbabazi” Algeria kubera ubukoloni bw’Abafaransa, ariko ko yizeye ko azakomeza guharanira ubwiyunge we na mugenzi we, Abdelmajid Tebboune .
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Le Point, cyasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 11 Mutarama yagize ati: “Ntabwo ari njye wemeza gusaba imbabazi, ntabwo ibi ari cyo bigamije, iryo jambo ryasenya umubano wacu wose.”
Yongeyeho ati: “Gukora ku kwibuka n’amateka ntabwo ari ugukemura ibibazo byose”.
Yagaragaje ko yizeye ko Tebboune “azashobora kujya mu Bufaransa mu 2023”, kwishyura urugendo rwa Macron muri Algiers mu mwaka ushize, kandi bagakomeza “umurimo wabo w’ubucuti butigeze bubaho”.
Ariko bamwe ku mbuga nkoranyambaga bamaganye icyemezo cya Perezida w’u Bufaransa nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Imyaka 100 u Bufaransa bwamaze bukolonije Algeria ndetse n’intambara ikaze yo mu 1954-62 yo guharanira ubwigenge byasize inkovu zikomeye ku Banyalijeriya, Macron yagiye asa nk’ugerageza komora ku buyobozi bwe ariko gusaba imbabazi ku mugaragaro bisa nk’ibidashoboka.


