Umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Ngagara Major Richard Ndayizeye, yatawe muri yombi ari hamwe n’uwungirije umukuru wa polisi muri zone ya Gihosha, bafatiwe aho Général Kararuza n’umuryango we biciwe, bakaba bashinjwa urupfu ry’uwo muryango bakaba bagiye gufungirwa muri gereza nkuru ya Mpimba.
Kugirango bafatwe bombi, amakuru yatanzwe na Major Gahungu nawe ufungiwe muri iyo gereza kandi nawe akaba akurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa rya Général Kararuza Athanase n’umuryango we.

Hakaba hari abandi basirikare bane bafite ipete rya caporal bafunzwe nabo bakurikiranyweho icyo cyaha aribo Caporal Chef NIKOYAGIZE Prosper, Caporal Chef BIBONIMANA Léonidas, Caporal Chef GATERETSE Roger hamwe na Caporal NDUWIMANA Viateur.
Itangazo ryashizwe ahagaragara kuri uyu wa gatatu tariki 4 Gicurasi n’umugenzacyaha mukuru wa repubulika y’u Burundi Valentin Bagorikunda rivuga ko iperereza rigikomeza kugirango abakoze ubu bwicanyi hamwe n’ababuteguye batabwe muri yombi.
Perezida Petero Nkurunziza akaba yaratanze igihe ntarengwa kugirango abakoze ayo marorerwa yo guhekura igihugu bakica umusirikare n’umuryango we ngo babe bagejejwe imbere y’ubutabera.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com


