Malawi: Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri Jenoside yahaye ruswa Polisi iramurekura

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo muri leta ya Malawi irashinjwa guta muri yombi umuntu ufite inkomoko yo mu Rwanda ukekwaho kuba yaranakoze Jenoside yo mu 1994, yarangiza agahindura amazina ku byangombwa bimuranga mu buryo bwo kwiyoberanya yarangiza ikamurekura nyuma y’uko uyu mugabo ayihaye ruswa.
[ad id=”44145″]
Nk’uko byatangajwe na Senior Assistant Commissioner of Police (SACP) Emmanuel Soko, ngo uyu munyarwanda wari umaze igihe ahigwa yasanganywe ibyangombwa biriho amazina ya Vincent Banda kandi ubusanzwe yitwa Vincent Murekezi.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Nyasatimes cyo mu gihugu cya Malawi, avuga ko uyu mugabo Vincent Murekezi yari ku rutonde rw’abahigwa na Polisi mpuzamahanga kubera ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, ariko akaba yari amaze igihe muri kiriya gihugu abeshejweho no guha amafaranga abayobozi ngo batamutanga byongeye akaba yari yarajijishije ahindura amazina. Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mugabo yahaye ruswa inzego zishinzweumutekano zo muri iki gihugu zikongera zikamurekura, ndetse abanyamakuru bagerageza kuvugisha uhagarariye station ya Polisi y’aho yari afungiye bakanga kubavugisha.
murekezia
Uyu mugabo avuka mu karere ka Huye
Uyu mugabo ngo ubusanzwe byari bizwi ko ari mu gihugu cya Zimbabwe ariho yabaga nk’impunzi, ariko akaba yari yaratorotse asigaye yibera muri Malawi.
Vincent yari afite urwandiko rw’abajya mu mahanga (Passeport) No MA078171 rumwemerera kujya muri Malawi ariko ruriho amazina ya Vincent Banda wo mu gihugu cya Tanzania mu gace ka Mbeya.
Uyu mugabo yasanganywe ibindi byangombwa birimo na passeport yo mu Rwanda No PC 939663, akaba avuka mu karere ka Huye mu murenge wa Ngoma.
Vincent Murekezi ngo yari umucuruzi ukomeye muri kiriya gihugu, nyuma nibwo yaje kugirana ibibazo n’abakozi bo muri za banki bakaba ari bo bamutanze ngo afatwe ariko nyuma akongera akarekurwa ku buryo budasobanutse.
[ad id=”44145″]
Gusa nanone, ngo yari amaze kuba umwanzi w’ibihugu bitandukanye kubera no gukora ibikorwa bya forode, aho ngo yanahigwaga na Polisi yo muri Malawi ndetse ngo akaba yari aherutse guhungira muri Afurika y’Epfo akamarayo imyaka ibarirwa hagati y’ibiri n’itatu nyuma akagaruka.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *