Urukiko rwo muri Malawi rwakatiye imyaka 32 y’igifungo umuturage w’Umushinwa nyuma yo kumuhamya ubucuruzi butemewe bw’amahembe y’inyemanswa zo mu ishyamba.
Ubwo hasomwaga umwanzuro kuwa kabiri ushize, umucamanza Violet Chipao yahamije Lin Yunhua ibyaha bitatu buri kimwe gihanishwa imyaka 14 y’igifungo.
Abashinjacyaha bashinjije Lin Yunhua, utegereje kujurira, ibyaha birimo gutunga no kugurisha magendu amahembe y’inkura n’iyezandonke nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.
Umucamanza ariko yasobanuye ko ibihano bitashyizwe hamwe, avuga ko uwahamwe n’icyaha azamara imyaka 14 gusa afunzwe. Urukiko rwavuze ko azoherezwa mu gihugu akomokamo nyuma yo kurangiza igihano.
Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ibirego Lin ari mu ihuriro ry’abacuruza inyamaswa rimaze imyaka 10 byibuze rikorera muri Malawi. Muri Kanama 2019 ni bwo yatawe muri yombi nyuma yo guhigwa amezi atatu.
Lin yujuje umubare w’umuntu wa 14 mu bagize agatsiko k’abantu bacuruza inyamanswa bamaze gufungwa muri Malawi harimo abenegihugu n’Abashinwa icumi barimo umugore wa Lin usanzwe afunzwe nyuma yo gukatirwa imyaka 11 y’igifungo.
Umukobwa wabo nawe yatawe muri yombi mu Ukuboza 2020 akurikiranweho ibyaha by’iyezandonke urubanza rwe rurakomeje.


