Mali: Bwa mbere mu myaka 10 umupadiri w’Umunyaburayi yashimutiwe i Bamako

Sangiza iyi nkuru

Abakekwaho kuba intagondwa za kisilamu bashimutiye umupadiri w’Umudage mu murwa mukuru wa Mali, nk’uko bagenzi be bavuze ko kuri uyu wa Mbere ushize, akaba ari ubwa mbere mu murwa mukuru, Bamako, habereye ishimutwa ry’umunyaburayi kuva mu myaka irenga icumi ishize .

Ku Cyumweru, nibwo Rev. Hans-Joachim Lohre yiteguraga kujya kwizihiza Misa mu kandi gace ko mu mujyi ubwo yashimutwaga, nk’uko byatangajwe na Dia Monique Pare, mugenzi we mu kigo cy’amahugurwa cya kisilamu na gikirisitu (Institute of Islamic-Christian Training).

Nyuma umuturanyi yaje kuvuga ko yabonye imodoka yirabura idafite purake ihagaze mu gikari cy’iki kigo. Imodoka ntiyari ikiri aho nyuma y’uko Lohre ashimuswe. Yavuze ko nyuma y’iperereza basanze urunigi rw’umusaraba w’umupadiri rwaciwe, iruhande rw’imodoka ye.

Pare yagize ati: “Urugi rw’imodoka ye rwari rukinguye kandi hari ibimenyetso by’ibirenge hasi nk’aho umuntu yarwanaga.”

Africanews dukesha iyi nkuru ivuga ko nta bahise bigamba kugira uruhare muri iri shimutwa ry’umupadiri w’Umudage, umaze imyaka irenga 30 muri Mali kandi yigisha mu kigo cy’amahugurwa gihuriweho n’Abasilamu n’Abakirisitu.

Icyakora, birakekwa ko intagondwa z’abayisilamu ari zo zifite amateka yo gushimuta abanyamahanga no gusaba ingurane ngo barekurwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *