Mali: Umunyamakuru w’Umufaransa wari umaze hafi imyaka ibiri mu maboko y’ibyihebe yarekuwe

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru w’Umufaransa Olivier Dubois wari umaze imyaka ibiri ari mu maboko y’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu muri Mali yarekuwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2023.

Inkuru y’irekurwa ry’uyu munyamakuru yemejwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron wagize ati: “Olivier Dubois yarekuwe” ndetse n’umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka, RSF yagize iti “Amaherezo Olivier Duboi yarekuwe.”

Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yatangaje ko Dubois yavuye muri Mali, agera ku kibuga cy’indege cya Niamey muri Niger uyu munsi, aho yakiriwe na Minisitiri w’umutekano w’imbere w’iki gihugu hamwe na Ambasaderi w’u Bufaransa.

Yabwiye umunyamakuru Moussa Kaka ko ananiwe cyane ariko ko ameze neza, ati: “Ndumva naniwe ariko meze neza.”Abajijwe niba adakumbuye kuvugana n’abo mu muryango we, yasubije ati “Ni byo ntekereza. Mu by’u’uri nari maze hafi imyaka ibiri mbitegereje.”

Perezida Macron na we yatangaje ko yavuganye na Dubois, amubwira ko ameze neza. Ati: “Navuganye na Olivier Dubois: ameze neza. Ni ibyishimo by’ikirenga ku gihugu, ku bo mu muryango we n’abanyamakuru bagenzi be. Ishimwe kuri Niger ku bwo kurekurwa kwe.”

Dubois yafashe bunyago tariki ya 8 Mata 2021 ubwo yari yagiye mu karere ka Gao muri Mali kugirana ikiganiro n’umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa Jnim ushamikiye kuri Al Qaeda. Yaje kugaragara muri videwo ebyiri, asobanura ko yagizwe imbohe.

Mu gihe ategerejwe mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Werurwe, yashimiye igihugu cye na Leta ya Niger byakoze ibishoboka kugira ngo umutwe wa Jnim umurekure.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *