Urusaku rwinshi rw’amasasu mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu rwumvikanye mu birindiro bya gisirikare biherereye mu nkengero z’Umurwa Mukuru wa Mali, Bamako, ruza kugabanyuka nyuma y’isaha nk’uko amakuru agera kuri Reuters avuga.
Nyuma y’urwo rusaku rw’amasasu rwumvikanye saa kumi n’imwe z’igitondo, za kajugujugu zumvikanye zizenguruka hejuru y’ibi birindiro biri mu Mujyi wa Kati, ahatangiriye ihirika ry’ubutegetsi ryo mu 2012 na 2020.
Ingabo za Mali zituruka muri ibi birindiro by’ingabo zidasanzwe ziyobowe na Col Assimi Goita nizo zayoboye coup d’etat yo muri Kanama 2020, ndetse ni nazo zateguye indi coup d’etat mu 2021 zirukana perezida w’agateganyo ku butegetsi.
Ku nshuro ya kabiri bahirika ubutegetsi, nibwo Col Goita yahise yigira perezida w’inzibacyuho, aho ateganya gukomeza kuyobora iyo nzibacyuho kugeza ku matora ateganyijwe mu 2024.


