Guverinoma ya Mali yahaye uhagarariye umuryango wa Afurika y’Uburengerazuba, Hamidou Boly amasaha 72 ngo abe yavuye mu gihugu cyayo.
Itangazo iyi guverinoma yatambukije kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021, risobanura ko Hamidou Boly yirukanwe azira gukora ibitandukanye n’inshingano ye.
Iri tangazo rigira riti: “Guverinoma ya Repubulika ya Mali yafashe icyemezo cyo kwemeza intumwa yihariye ya ECOWAS nk’umuntu utemerewe kuba mu gihugu, bijyanye n’ibikorwa bye bitandukanye n’inshingano ye.”
Al Jazeera dukesha iyi nkuru ntiyabashije kumenya ibikorwa bitumye Hamidou Boly yirukanwa, gusa igishoboka ni ubwumvikane buke buri hagati y’uyu muryango n’ubuyobozi bw’igisirikare cyahiritse ubutegetsi.
ECOWAS yamaganye ihirika ry’ubu butegetsi, ikomeje gushyira igitutu kuri aba basirikare kugira ngo bemere habe amatora y’Umukuru w’Igihugu bidatinze.


