Pep Guardiola na Manchester City ye bagiye gutangana isomo rya ruhago ku banyeshuri b’ i Londres maze batahukana umwanya wa mbere.
Wari umukino w’ikirarane cy’umunsi wa 12 wa English Premier League utarabereye igihe kubera itanga ry’umwamikazi Elizabeth II, usifurwa na Anthony Taylor kuri Emirates Stadium hagati y’amakipe ahanganiye igikombe cya shampiyona. Uyu mukino kandi ntiwagaragayemo Thomas Partey wavunitse aho yari yasimbuwe na Jorginho.
Iminota 20 ya mbere muri uyu mukino yarangiye ubona amakipe yigana, atagera imbere y’izamu kenshi nubwo Man City yanyuzagamo igasatira binyuze kuri Mahrez na Haaland.
Ku munota wa 21 nyuma yo kubonana neza, Zinchenko yazamuye umupira neza imbere y’izamu ariko Nketiah awutera hanze n’umutwe.
Byasabye umunota wa 24, nyuma yo gukina nabi cyane kwa Tomiyasu watanze umupira ntiwagera ku muzamu Ramsdale De Bruyne yacitse ba myugariro ba Arsenal abatanga umupira maze yandika igitego cya mbere kinatanga umwanya wa mbere kuri Man City.

Kevin De Bruyne wafunguye amazamu kuri uyu mukino
Kuva ubwo Arsenal yashatse kugombora ndetse ku wa 29 bamaze guhererekanya neza, Bukayo Saka yisanze imbere y’izamu wenyine ariko yirangaraho barawumwaka.
Ubundi buryo bukomeye bwabonetse ku munota wa 39 ubwo Edward Nketiah yakorerwaga ikosa n’umuzamu Ederson naze Anthony Taylor ahita yemeza penaliti. Ederson Moraes yagiye ibumoso Bukayo Saka atera iburyo, Arsenal yisubiza umwanya wa mbere ityo kuri 1-1.

Bukayo Saka utakoze ikosa imbere ya penaliti
Igice cya mbere cyenda kurangira mu minota 6 y’inyongera, ku munota wa 50 kuri ‘coup franc’ ya Riyad Mahrez, Rodrigo yateye umutwe mwiza ariko ukubita ipoto.
Igice cya mbere cyarangiye bikiri 1-1, aho yari yihariye umupira ku kigero cya 60% kuri 40% ya Man City
Igice cya kabiri na cyo cyatangiye umukino ugenda gake ndetse ukinirwa hagati cyane kugera ku munota wa 55 ubwo Gabriel Magalhaes yafatiye Haaland mu rubuga rw’amahina, umusifuzi Anthony Taylor agatanga penaliti ariko VAR ikagaragaza ko hari habaye kurarira ndetse n’ikarita y’umuhondo ya Gabriel ikurwaho.
Arteta yakomeje gukora ibishoboka byose ngo atsinde uyu mukino ariko bikomeza kugorana.
Ku wa 65 Arsenal yazamukanye umuvuduko ku ruhande rwa Tomiyasu, agaruye umupira imbere y’izamu Nketiah akererwaho gato cyane.
Ku wa 67 Man City yabonye ‘coup franc’ maze De Bruyne ayizamura neza iteza umuvundo mu rubuga rw’izamu rwa Arsenal ariko Rodrigo na bagenzi be birangaraho Jorginho akiza izamu.
Inzozi mbi kuri Arsenal zaje ku munota wa 71, ubwo Gabriel yatakazaga umupira ubundi Haaland akorezaho Gundogan na we aha Jack Grealish asubiza Man City umwanya wa mbere atsinda igitego cya 2.

Jack Grealish wari wazonze Tomiyasu
Ku munota wa 81 Erling Braut Haaland yatsinze igitego cya gatatu kikaba icya 26 mu mikino 22, ku mupira mwiza yahawe na Kevin De Bruyne nyuma yo kubaka neza kwa Rodrigo na Gundogan.

Erling Haaland yujuje ibitego 26 mu mikino 22 ya shampiyona
Arsenal yakomeje gushaka uko yagabanya unwenda ndetse ku munota wa 88 Bukayo Saka agarura umupira imbere y’izamu ariko Edward Nketiah awutera hanze gato n’umutwe.
Nyuma y’iminota 5 y’inyongera, umusifuzi Anthony Taylor yahise asoza umukino maze Pep Guardiola n’abasore be bisubiza intebe y’ubuyobozi by’agateganyo n’amanota 51 banganya na Arsenal bagatandukanywa n’ibitego 10 City irusha Arsenal.
Aya makipe azongera gutana mu mitwe mu mukino wo kwishyura muri shampiyona, tariki 26 Mata 2023.


