1677190547608.jpg

Manchester United yaturutse inyuma itsinda Barcelona ihita inakatisha itike ya ¼

Sangiza iyi nkuru

Manchester United yakatishije itike y’imikino ya ¼ cy’irangiza muri Europa League ku giteranyo cy’ibitego 4-3 nyuma yo guturuka inyuma igatsinda Barcelona ibitego 2-1.

Manchester United yari yakiriye FC Barcelona kuri Old Trafford mu mukino wo kwishyura wa ? mu mikino ya UEFA Europa League wasifuwe na Clement Turpin.

Umukino watangiye Manchester United isatira cyane, ndetse ku munota wa 2 wonyine Casemiro yacometse umupira mwiza imbere y’izamu Bruno Fernandes yisanga wenyine ariko awuteye Ter Stegen ararokora.

Ku munota wa 15 , Bruno Fernandes yakuruye Alejandro Balde mu rubuga rw’amahina maze umusifuzi atanga penaliti yahise yinjizwa neza na Lewandowiski ku munota wa 17.

Umukino wakomeje gukinirwa ku muvuduko wo hejuru ariko nta kipe itera mu izamu ry’iyindi.

Ku munota wa 39, nyuma yo guhererekanya neza hagati ya Jules Kounde na Lewandowiski, Raphinha yateye ishoti rikomeye cyane ariko rinyura hejuru y’izamu gato cyane.

Ku munota wa 45, umuzamu De Gea yakoze ikosa atakaza umupira ariko Sergi Roberto na Franck Kessie babuzwa na Casemiro gutsinda igitego.

Igice cya mbere cyarangiye FC Barcelona yihariye umupira ku cyigero cya 59% kuri 41% ya Manchester United.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa Man United, Anthony asimbura Wout Weghorst; ibyahise bitanga umusaruro ku munota wa 47 ku mupira ba myugariro ba Barça bari batakaje maze Fred yashyurira Man United ku mupira yari ahawe na Bruno Fernandes.
1677190547608.jpg
Ku munota wa 65, Barcelona yabonye uburyo bw’igitego ku mupira wari ugaruwe imbere y’izamu na De Jong maze Kounde ashyiramo umutwe ariko De Gea aratabara awushyira muri koruneri n’ubundi De Gea abera Kessie ibamba.

Ten Hag yahise akuramo Jadon Sancho maze amusimbuza Alejandro Garnacho, ku rundi ruhande Xavi na we akuramo mu kibuga Sergi Roberto ashyiramo Ferran Torres.

Ku munota wa 72, nyuma y’uko Bruno Fernandes yakiriye umupira maze Garnacho na Fred bakagerageza gutera mu izamu ariko bikanga, Anthony yaje gutera umupira ukomeye mu nguni y’iburyo maze yandika igitego cya kabiri cya Man United.
68017887-0-image-a-70_1677188852909.jpg
Anthony yagarutse atsinda igitego cy’intsinzi nyuma y’icya Fred cyo kwishyura

Ku munota wa 90+4, Ferran Torres yahaye Lewandowiski umupira mwiza cyane imbere y’izamu ariko Raphael Varane awukuraho, umukino urangira utyo.

Umukino warangiye Barcelona yihariye umupira ku cyigero cya 55% kuri 45% ya Manchester United.

Uyu mukino wabaye uwa 18 wikurikiranya Man United idatsindirwa ku kibuga cyayo Old Trafford, aho yinjije ibitego 41, yinjizwa 9 ndetse mu mikino 11 ntiyinjizwa igitego (clean sheets).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *