Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Manzi Thierry, yamaze kwerekeza mu kipe ya AS Kigali nyuma y’amezi atanu nta kipe afite.
Muri Kanama umwaka ushize ni bwo uyu musore yari yasezerewe na FAR Rabat yo mu gihugu cya Maroc, nyuma yo gusoza amasezerano y’amezi atandatu yari yarayisinyiye.
Iyi kipe y’Ingabo za Maroc yari yayigezemo nyuma yo gutandukana na Dila Gori yo muri Georgia na yo yari amaze amezi atandatu akinamo.
Manzi Thierry kuri uyu wa Mbere ni bwo yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa AS Kigali, nyuma yo kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri.
Uyu musore yerekeje muri iyi kipe mu gihe mu minsi yashize yari yagiranye ibiganiro n’amakipe ya APR FC na Rayon Sports yombi yigeze kubera Kapiteni, gusa habura n’imwe imwisubiza.


