Abayobozi babiri bakuru mu mitwe y’inyeshyamba ya PARECO na Ma௠Ma௠Kifuwa fuwa baguye mu mirwano yahuje iyi mitwe yombi kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 7 Kanama 2023 nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga.
Ayo makuru yaturutse mu nzego z’ibanze avuga ko General Kazungu wa PARECO FF na Colonel Mafiringi wa Ma௠Ma௠Kifuwa fuwa, bakomerekeye muri iyo mirwano yahuje imitwe yombi muri Teritwari ya Masisi.

Biravugwa ko usibye abo bayobozi bakuru b’inyeshyamba bihaye amapeti ya General na Colonel, abasivili babiri na bo bakomerekeye muri iyo mirwano yabereye mu gace ka ngungu ko muri Teritwari ya Masisi, ho muri Kivu y’Amajyaruguru.


