Masisi: Haravugwa iyicwa ry’uwari Komanda wa polisi muri Maoma

Sangiza iyi nkuru

Ibintu byari bimeze nabi cyane mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo 2022 i Bweremana muri Gurupoma ya Mupfuni Shanga, Sheferi ya Bahunde muri Teritwri ya Masisi kubera iyicwa rya Komanda wa Polisi .

Uyu mu Komanda wa Polisi muri Maoma, muri Sheferi ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi, yishwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane, itariki 24 Ugushyingo 2022.

Amakuru aturuka aho agera kuri Kivu Morning Post ariko avuga ko uyu mupolisi yishwe igihe yashakaga gukiranura impande ebyiri zari ziri kurwana kubera amakimbirane ashingiye ku butaka amaze igihe kirekire.

Aya makuru kandi yemejwe na sosiyete sivile yo muri ko gace, yerekana ko uwishwe yiciwe mu makimbirane ashingiye ku butaka yari asanzwe ari mu rukiko mu bushinjacyaha wa gisirikare bwa Goma kandi umwanzuro ukaba ugitegerejwe.

Iyi sosiyete sivile iti: “Ikibabaje ni uko ubutabera bumaze gufata igihe kirekire kugira ngo bufate umwanzuro, ndetse bikaba byanateje iki kibazo kibabaje”.

Kubera iki kibazo cy’umutekano muke muri iki gice, sosiyete sivile irahamagarira inzego z’ubutabera guhagarika ayo makimbirane no gukurikirana abakoze iki gikorwa cy’bwicanyi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *