Masisi: Imirwano hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo yavanye benshi mu byabo

Sangiza iyi nkuru

Imitwe ibiri y’inyeshyamba ibarizwa mu biswe Wazalendo, (APCLS ya Janvier Karahiri na UPCRN ya Kagiri) yarwaniye muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi, bituma abaturage benshi bata ibyabo barahunga.

Iyi mirwano yabereye kuri uyu wa Gatanu mu misozi ya Buyagu, Bishanga, Kalambiro ikikije uduce twa Kashenda na Bweremana bituma abaturage b’abasivili bahatuye bata ibyabo nk’uko byemezwa n’abanyamakuru bakorera mu burasirazuba bwa Congo.

Amakuru amwe avuga ko iyo mirwano hagati y’izi nyeshyamba, zisanzwe zifatanya na leta kurwanya M23, yatewe no kutumvikana kuri bariyeri yishyurizwaho imisoro itemewe, mu gihe abandi bavuga gukoreshwa na M23 mu rwego rwo kubacamo ibice ngo ibone uko ibivuna.

Itsinda ry’abavuga ko bagizweho ingaruka n’intambara ya M23 ryahamagariye impande zombi gutuza no kubungabunga inyungu z’igihugu, rirahamagarira FARDC gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo uwo bita umwanzi atacyungukiramo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *