Masisi: M23 ntiyorohewe n’urugamba rw’umunsi

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ntabwo worohewe n’urugamba rwo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023 rwakomereje muri teritwari ya Masisi hafi y’umujyi wa Sake.

Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko uyu munsi, M23 yaherukaga gufata ibice bya Mushaki na Rubaya yiriwe iraswaho n’indege za kajugujugu, Sukhoi-25 ndetse n’ibifaru by’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo cyifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro yiyita iy’ubwirinzi.

Umuvugizi w’igisirikare cya RDC ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col. Guillaume Ndjike Kaiko yamenyesheje itangazamakuru ko ingabo za Leta zahawe ibwiriza ryo kurinda umujyi wa Sake, Goma na Rubaya ku bubi na bwiza.

Muri iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 28 Gashyantare, Lt Col. Ndjike yatangaje ko nk’umusaruro w’urugamba rw’uyu munsi, abarwanyi ba M23 basubijwe inyuma hirya mu gace ka Kingi, mu bilometero nk’10 ugana mu mujyi wa Sake.

Ikinyamakuru SOS Media Burundi cyatangaje umuturage wo muri Rubaya n’undi wo muri sosiyete sivile bakivugishije bemeje ko abarwanyi ba M23 bamaze kuva mu gace ka Rubaya gakungahaye cyane ku mabuye y’agaciro ya Coltan.

SOS isobanura ko amakuru yahawe avuga ko ihuriro ry’imitwe yiyita iy’ubwirinzi ryiyise Wazalendu (Wazalendo) ari ryo ryakuye abarwanyi ba M23 muri Rubaya ahagana saa kumi z’urukerera rw’uyu munsi, bahungira mu misozi ya Kabaya na Matanda mu gace ka Kashebere.

Umunyamakuru wa VOA Swahili mu gitondo yagiye gukurikiranira inkuru hafi ya Sake, atangaza ko abaturage benshi batuye muri uyu mujyi batewe ubwoba n’urusaku rw’amasasu ruvugira hakurya, bahungira i Goma, abandi berekeza mu gice cya Mugunga.

Uyu munyamakuru yageze no mu mujyi wa Sake, asangamo abasirikare baharinda ndetse na bamwe mu basore bavuga ko badashobora kuva iwabo, ahubwo basaba Leta kubaha intwaro bakarwana. Umwe yagize ati: “Ntaho nzajya nsize iwacu. Ahubwo turasaba Leta intwaro.”

Iyi mirwano ifashe indi ntera mu gihe kuri uyu wa 28 Gashyantare ari bw abarwanyi ba M23 basabwaga gutangira kuva mu bice baherutse gufata. Ni umwanzuro wafashwe n’abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba baherutse guhurira i Nairobi muri Kenya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *