girlfriend-860x484.jpg

Mason Greenwood n’umukunzi we wari waramufungishije bagiye kwibaruka imfura

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Mason Greenwood wahagaritswe na Manchester United yahoze akinira, aritegura kwibarukana imfura n’umukobwa wari waratumye afungirwa ibyaha birimo gufata ku ngufu.

Greenwood w’imyaka 21 y’amavuko, kuri ubu aritegura kwibaruka umwana we wa mbere hamwe n’uwari yaramufungishije Harriet Robson nyuma y’uko bigaragaye ko atwite.

Byongeye kandi ngo umuryango wa Mason Greenwood witeze ko aba bombi barushinga mu mpeshyi iri imbere nk’uko The Sun yabyanditse.

Urukundo rwa Greenwood na Harriet Robson rwaranzwe n’ibizazane.

Bwa mbere hari mu kwezi kwa Nzeri 2020 ubwo Greenwood yasohorwaga mu mwiherero w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza ashinjwa kwinjizamo Harriet; icyo gihe yari ahuje ikibazo na Phil Foden wa Manchester City.

Hadaciye igihe, muri 2021 Harriet yashinje Greenwood ihohotera ribabaza umubiri n’irishingiye ku gitsina, biza guterwa utwatsi na Polisi kugeza ubwo noneho yifashe amafoto agaragaza ibikomere yamuteye maze birangira Greenwood atawe muri yombi muri Mutarama 2022.

Nyuma y’ibyumweru bitatu gusa Mason Greenwood agizwe umwere na Polisi y’i Manchester, Harriet Robson byemejwe ko atwite inda yatewe ya Greenwood.

Ibi kandi bije mu gihe hatigeze habaho ubwiyunge ku mugaragaro hagati ya bariya bombi.

N’ubwo Manchester United yahagaritse Mason Greenwood, iracyamuhemba umushahara ukabakaba mu bihumbi 75 by’amapawundi ku cyumweru, kandi initeguye kumugarura mu ikipe ya mbere kuko agifite amasezerano azarangira muri 2025.

Nubwo bimeze bityo, bamwe mu bakinnyi b’abagore ba Manchester United n’abafana bayo bayobowe na Nathalie Burrell bumvikanye bavuga ko badashaka kubona Greenwood ukundi mu myambaro y’amashitani atukura.

Nathalie Burrell yahize ati: ” Manchester United igaruye Greenwood cyaba ari cyo kintu kibi yaba ikoze. Sinshaka kumubona yitoza cyangwa asohotse yambaye imyambaro ya Manchester United, kandi nizeye ko na bo batazabikora.”

girlfriend-860x484.jpg

67693497-0-manchester_united_men_s_senior_squad_are_said_to_be_split_over_m-m-53_1677284068427.jpg

Greenwood yagizwe umwere ku byaha by’ihohotera ndetse ahita anarekurwa

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *