sininiu.jpg

Menya byinshi ku ibuye rya Tanzanite ryatumye umuturage ajya mu batunze za miliyari

Sangiza iyi nkuru

Ukwezi kwa Kamena na Kanama muri uyu mwaka, yabaye ay’amahirwe adasanzwe ku muturage witwa Saniniu Laizer utuye mu giturage cya Simanjiro, Akarere ka Manyara muri Tanzania.

Muri ayo mezi ni bwo Saniliu ukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro buciriritse, yavumbuye amabuye y’imbonekarimwe ya Tanzanite.

Ubwa mbere muri Kamena yabonye aya mabuye abiri, rimwe ryapimaga ibiro 9.2, irindi ripima ibiro 5.8. Mu imurikagurisha ryabereye ku kirombe cya Mirerani mu majyaruguru y’igihugu, Saniniu yishyuwe miliyoni 3.4 z’amadolari y’Amerika.

Ubwa kabiri muri Kanama, yabonye irindi buye ryapimaga ibiro 6.3, mu imurikagurisha yishyurwa miliyoni 2 z’amadolari y’Amerika; mu mezi atatu ubwo yinjiza akayabo ka miliyoni 5.4 z’amadolari y’Amerika.

sininiu.jpg Iri buye ryahinduye Sininiu umuherwe utunze za miliyari

Izi miliyoni 5.4 z’amadolari, uwazivunja mu manyarwanda, yasanga ari miliyari zirenga 5.2, zavunjwa mu mashilingi ya Tanzania, zikagera muri miliyari zirenga 12; amafaranga Atari make kuri Saniniu wabyaye abana 30.

Byinshi kuri iri buye rihenze bigeze aha

Tanzanite ni ibuye ribengerana nka ‘diamant’ rifite avanze arimo ubururu, rikaba riboneka gusa mu gace gato kegereye imisozi ya Mirerani hafi ya Kilimanjaro, mu majyaruguru ya Tanzania.

Nk’uko umuryango Tanzanite Foundation ubivuga, amateka ya siyansi avuga ko iri buye ryabayeho kuva mu myaka miliyoni 585 ishize, bitewe n’ubuhyuhe bwabaye mu nda y’Isi, bugatuma habaho iremwa ry’umusozi wa Kilimanjaro; uwa mbere muremure muri Afurika.

mirerani.jpg Iri buye riboneka hafi ya Kilimanjaro

Gusa mu mwaka w’1967 ni bwo umuntu wa mbere yamenye ko iri buye rifite agaciro, ubwo Umunya-Portugal Manuel de Souza wabaga i Arusha muri Tanzania, wakundaga gushakisha amabuye y’agaciro yari mu rugendo, abona utumanyu tw’amabuye abengerana hafi y’umusozi wa Kilimanjaro, dufite amabara avanzemo ubururu, na ‘mauve’ atangira kutwitiranya n’andi mabuye, gusa mu bushishozi yagize aza kumenya ko yibeshye.

Manuel yahisemo gufata utu tumanyu, atujyana ku muhanga mu by’ibiva munsi y’ubutaka, Dr. John Saul, uwo yari asanzwe anagura amabuye y’agaciro muri Kenya. Na we yadutunganyije neza, ajyanira ibipimo byatwo se witwaga Hyman Saul, wari n’umuyobozi mu gace ko muri leta ya New York.

Hyman na we yafashe bya bipimo abijyana mu kigo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gikora ubushakashatse ku mabuye y’agaciro, Gemological Institute of Amerika, basanga utu tubuye turi mu bwoko bwa ‘Zoisite’. Ibigo bikomeye nka Kaminuza ya Havard n’Ingoro Ndangamurage y’u Bwongereza byakoze ubushakashatsi kuri iri buye, muri siyansi rihabwa izina rya ‘Blue Zoisite’.

Gusa ikigo cya Tiffany & Co gitunganya ibikomo mu mabuye y’agaciro, mu 1968, cyahinduye izina ry’iri buye, kiryita ‘Tanzanite’ gishingiye ku izina ry’igihugu ryabonetsemo, ndetse kirimenyekanisha hose mu buryo bwo kurihesha agaciro.

Kuva aho iri buye ryari rimaze kumenyekana, ryatangiye gucukurwa nte tegeko ribugenga, bigeze mu 1971, leta ya Tanzania yemeza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bugiye kujya bugengwa nayo, ku bw’inyungu zayo na rubanda.

Byageze mu 1990, Tanzania igaba ubucukuzi bw’amabuye ya Tanzanite mo ibice bine, ibice bibiri; Block A na Block C byegurirwa abacukuzi bakomeye, naho B na D byegurirwa abakuzi baciriritse nka Sininiu Lazer.

Ibuye rya Tanzanite ryifashishwa mu gukora imitako nk’ibikomo, guhenda kwaryo kukaba guterwa ko riboneka ahantu hamwe gusa (Mirerani muri Tanzania), kandi nabwo abahanga bakemeza ko rikoneka gake ndetse hari impungenge ko mu myaka 20 iri imbere ritazaba rikiboneka ku Isi.

tanzanite2.jpg Iri buye rikorwamo imitako myiza

impeta.jpg Iyi mpeta yatunganyijwe muri Tanzanite

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Menya byinshi ku ibuye rya Tanzanite ryatumye umuturage ajya mu batunze za miliyari
    Ndumv tanzanie ifise icishumbije isiyose ibi bigatang ishush nziza yafrika

  2. Menya byinshi ku ibuye rya Tanzanite ryatumye umuturage ajya mu batunze za miliyari
    Ndumv tanzanie ifise icishumbije isiyose ibi bigatang ishush nziza yafrika

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *