Meya wa Goma, Komiseri Kabeya Makossa François, yabujije abatuye muri uyu mujyi gukora imyigaragambyo yamagana ingabo ziri mu mutwe w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba uzwi nka EACRF.
Sosiyete sivile zikorera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ziherutse guteguza ingabo za EACRF ko zigomba kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 guhera tariki ya 12 Mutarama 2023, zitabikora kuri uyu wa 18 Mutarama hakaba imyigaragambyo izisaba gutaha.
Ntabwo izi ngabo zigeze zirasa ku barwanyi ba M23, cyane ko bamaze iminsi bashyira mu bikorwa ibyemezo bafatiwe mu nama yabereye i Luanda byo kurekura ibice bari barafashe muri iyi ntara, bagasubira aho bahoze muri Pariki ya Virunga, ahaherera kuri Sabyinyo.
Mu gihe habura igihe kitagera ku munsi ngo imyigaragambyo ibe, kuri uyu wa 17 Mutarama Komiseri Makossa yasohoye itangazo, yibutsa abaturago ko bitemewe gukorera imyigaragambyo muri uyu mujyi kuko wo, hamwe n’ibindi bice bigize muri Kivu y’Amajyaruguru biri mu bihe bidasanzwe (Etat de Siège).
Komiseri Makossa yagize ati: “Kuri iyi ngingo, aributsa abaturage ko muri ibi bihe bidasanzwe, imyigaragambyo rusange irabujijwe. Mbese ntiyemewe mu rwego rwo kugira ngo hatabaho gukina umukino w’umwanzi.”
Yahamagariye abashinzwe umutekano kugenzura niba baturage bazarenga ku itegeko, bagakora imyigaragambyo, anatanga umuburo w’uko abazigaragambya bashobora kuzakurikiranwa n’amategeko.
Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi yashyize Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe kuva muri Gicurasi 2021. Abaturage bazituyemo babuzwa kwigaragambya kugira ngo birinde guha icyuho uwabahunganyiriza umutekano.
N’ubwo babibuzwa ariko, akenshi babirengaho bakayikora. Urugero ni urw’iyo bakoze muri Nyakanga 2022, bakangiza ibikorwa bya misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO, hagapfamo 36 barimo abaturage n’abasirikare/abapolisi b’iyi misiyo.


