Micho watozaga Uganda yatangajwe nk’umutoza mushya wa Orlando Pirates muri Afurika y'Epfo

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Orlando Pirates FC yo mu cyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo yatangaje ko yabonye umutoza mushya, uwo ni umunya-Serbia Milutin Sredojević, Micho wigeze kuyitoza muri 2006.

Uyu mutoza aherutse guhaguruka muri Uganda abantu bayoberwa aho yerekeje nkuko inkuru ya newvision ibigarukaho. Ni nyuma yuko yari yagiranye ibibazo n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda arishinja kumwambura.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Agiye mu bihe bikomereye ikipe ya Uganda Cranes(imisambi ya Uganda) yiteguraga gukinira n’u Rwanda mu marushanwa ahuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo muri Afurika (Chan), nyuma yo gutsinda Sudani y’Epfo ibitego 5-1.

Uyu mugabo w’imyaka 47 y’amavuko ageze kuri uru rwego rukomeye rwo gutoza amakipe akomeye nk’Amavubi na Uganda.

Abagize ikipe ya Orlando Pirates batangaje ko hari amakuru y’ibihuha ko bazanye umutoza mushya. Umuyobozi w’iyi kipe Irvin Khoza yabwiye abanyamakuru mu kiganiro bagiranaga kuri uyu wa kane ko bahaye ikaze Micho.

Ati “ Twongeye guha ikaze Milutin Sredejovic, umutoza Micho, umugabo wuje ubupfura nubaha.”

Yavuze ko Micho yavuye muri iyi kipe neza. Uyu munsi akaba agarukanye agahigo gakomeye ndetse n’ubunararibonye yavanye ku mugabane wa Afurika.

Bimwe mu byo Micho yakoze birimo kujyana Uganda Cranes mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika(CAN2017) nyuma y’imyaka isaga 40 itayiherukamo.

Micho wavutse tariki ya 1 Nzeri 1969 yabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru wanatoje amakipe nka Orlando Pirates, Uganda Cranes, FK Palić,FK Spartak Subotica,Yugoslavia U20, FK Hajduk Kula, Villa SC muri Uganda, Saint-George SA muri in Ethiopia,Young Africans FC muri Tanzania na Al-Hilal Omdurman yo muri Sudani.

Micho yatoje u Rwanda mu myaka 2011-2013, aho yavuye yirukanywe nyuma yo kuvugwaho umusaruro muke.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Ntakirutimana Deus

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *