Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu watangaje ko abasivili bapfuye undi umwe akomereka bikomeye, nyuma y’ibitero ihuriro ry’ingabo za Leta zagabye mu gace ka Mikenke ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo no mu nkengero zako.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibyo bitero byabaye saa tatu n’iminota 40 z’ijoro ry’ejo ku wa Kane, bikomeza kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana saa mbiri n’iminota 20 z’igitondo.
Yavuze ko ibi bitero byibasiye uduce dutuwe cyane n’abaturage byasize inzu nyinshi zisenyutse, imiryango myinshi ihunga aho yari ituye ndetse bica igikuba mu baturage.
Yavuze ko biriya bitero ” byahitanye abantu babiri, bikomeretsa bikomeye umuntu umwe, ndetse bisenya inzu nyinshi, binasiga imiryango myinshi iri mu gahinda n’akababaro.”
Kanyuka yashinje ubutegetsi bwa Kinshasa kudashyira mu bikorwa ibyo bwiyemeje mu biganiro, anavuga ko bukomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Kivu y’Amajyepfo.
Yashimangiye kandi ko Kinshasa ari yo igomba “kuryozwa byimazeyo ibikorwa byo guheza no kurimbura abantu hashingiwe ku bwoko biri kubera i Minembwe, ndetse n’ubwicanyi bukomeje gukorerwa abaturage b’Abanye-Congo mu Burasirazuba bw’igihugu.”
Kugeza ubu, nta gisubizo kiratangwa na guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri ibi birego.


