Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 20 Ukuboza, amatora rusange yatangiye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Miliyoni 44 z’abatora zahamagariwe gutora ntibazatora Perezida wa Repubulika gusa ahubwo bazatora n’abadepite ku rwego rw’igihugu no mu ntara ariko teritwari za Masisi na Rutshuru zahejwe muri aya matora.
Perezida wa Repubulika, Félix Tshisekedi, ni umukandida ushaka manda ya kabiri. Muri aya matora ya perezida, abakandida 18 bahanganye na we, barimo abatavuga rumwe na we, Moà¯se Katumbi, Martin Fayulu, na Dr Denis Mukwege.
Abakandida ibihumbi n’ibihumbi kandi barahatanira imyanya mu nteko ishinga amategeko ndetse no ku buyobozi bw’amakomini.
Abatora miliyoni mirongo ine n’enye ni bo bemerewe gutora muri miliyoni 100 z’abaturage. DRC nicyo gihugu cya kabiri kinini ku mugabane wa Afurika, ari nabyo bitera ibibazo byinshi byo kugeza ibikoresho aho bikenewe. Komisiyo yigenga ishinzwe amatora (CENI) ivuga ko miliyoni y’Abanyekongo itazashobora kujya mu matora, kubera impamvu z’umutekano.
Uburasirazuba bwa Congo bumaze imyaka igera kuri 30 bwibasiwe n’amakimbirane n’intambara. Bamwe mu batora ntibazashobora gutora. Uku niko bimeze ku batuye Masisi na Rutshuru.
Teritwari zombi zakuwe mu bazatora kubera impamvu z’umutekano.
Uyu ni umubare munini w’abatora nubwo bigoye gutanga umubare nyawo w’abantu batazatora.
Umwaka utangira, ibikorwa byo kwiyandikisha, ni ukuvuga kwandika abazatora no gukwirakwiza amakarita y’itora, ntibyashobotse kubera mu turere twose twa Rutshuru na Masisi.
Igice kinini cy’izi teritwari kuva mu ntangiriro za 2023 no kugeza ubu biracyagenzurwa n’inyeshyamba za M23. Aba baturage ntabwo bazatora pererezida ndetse n’intumwa za rubanda ku rwego rw’igihugu no ku rwego rw’intara.


