Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere, Suella Braverman, yatangaje ko impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Rwanda ubwo zari mu myigaragambyo mu karere ka Karongi mu mwaka w’2018 zitaba impamvu y’uko rutakwakira abimukira.
Minisitiri Braverman yabitangarije umunyamakuru Laura Kuenssberg wa BBC wari umaze kumwereka amashusho y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, ryemeza ko izi mpunzi zarashwe n’abapolisi b’u Rwanda.
Ikibazo cy’izi mpunzi kiri muri bimwe mu byo abimukira badashaka kuza mu Rwanda hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagiranye muri Mata 2022 bashingiraho bagaragaza ko iki gihugu kitubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Uyu muyobozi yasubije Laura ko umwaka w’2018 izi mpunzi zapfiriyemo utandukanye n’uyu w’2023, ashimangira ko u Rwanda rutekanye. Ati: “Ibi bishobora kuba ari ibyo mu 2018, [kandi] turi kureba ku 2023 na nyuma yaho. Urukiko Rukuru, inzobere z’abacamanza nkuru, barebye birambuye kuri gahunda yacu n’u Rwanda, basanga ari igihugu gitekanye, kandi bemeje ko yemewe n’amategeko.”
Iyi myigaragambyo yabereye mu nkambi ya Kiziba no ku biro bya HCR muri Karongi tariki ya 22 Gashyantare 2018. Theos Badege wari Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yatangaje ko izi mpunzi zateye abapolisi amabuye n’ibyuma, zikomeretsamo 7.
Badege mu itangazo ryo ku wa 23 Gashyantare, yavuze ko muri izi mpunzi hakomeretse 20, zaje gupfamo 5 zazize ibikomere. Gusa imiryango mpuzamahanga nka Amnesty International yemeje ko hapfuye byibuze 11 kandi ngo zarashwe n’abapolisi.


