Kuri uy wa Gatanu tariki ya 6 Nyakanga 2018, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa ya Leta, Johnston Busingye yasoje icyiciro cya 14 cy’amahugurwa y’abapolisi bato mu muhango wabereye ku ishuri rya Polisi rya Gishari.

Muri uyu muhango, minisitiri Busingye yibukije abapolisi basoje amasomo ko na bo bagomba kurangwa n’ubunyamwuga mu kazi bakora ibigenwa n’itegeko ndetse yongeraho ko ari abagaragu ba ryo.

Mu ijambo rye yavugiye aho yagize ati “”Ntumuri hejuru y’amategeko, muri munsi yayo, niyo abagenga”
Yanaboneyeho kandi kubibutsa ko leta y’u Rwanda ifite ubushake bwo igipolisi cy’umwuga hagamijwe kugeza ku banyarwanda umutekano usesuye bityo ababwira ko bashinzwe gukumira ibyaha n’ababikora.

Yakomeje agira ati “Ubumenyi n’ubushobozi mwahawe hano mugende mubishyire mu bikorwa, murangwa n’ubunyamwuga no gufata neza abo mushinzwe kurinda.”
Abo bapolisi basoje icyiciro cya 14 cy’amahugurwa y’abapolisi bato, bigishijwe mu gihe cy’amezi icyenda, bakaba bose hamwe ari 892 basoje amahugurwa barimo 160 b’abagore.






