Minisitiri mu biro bya Perezida w’u Rwanda, Uwizeye Judith, yajombye urushinge mu gikomere cy’abakunzi ba APR FC bari bamaze kubabazwa na Rayon Sports mu mukino wo guhatanira igikombe kiruta ibindi mu gihugu, Super Cup.
Muri uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa 12 Kanama 2023, Rayon Sports yatsinze APR FC ibitego 3-0, iyitwara igikombe. Ni umukino wari witezweho guhatana gukomeye kuri aya makipe yombi yahuye akinisha abanyamahanga nyuma y’igihe kirekire.
Rayon imaze kwegukana igikombe, Minisitiri wa siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yagaragarije ibyishimo ku rubuga rwa X (rwahoze rwitwa Twitter), agira ati: “Ohhhh Rayon, mbega ngo muratanga ibyishimooooo! Congratulations for the FERWAFA Super Cup 2023 win!! Ariko twishimire intsinzi, tuzirikana #KunywaLess”
Bijyanye n’uko ikipe yasibye umukino itabanje gutanga ibisobanuro iterwa mpaga y’ibitego bitatu, Minisitiri Uwizeye yunze mu butumwa bwa Munyangaju, maze abaza ati: “Ni ibiki bibaye i Kigali! Ni mpaga se?”
Rayon Sports yaherukaga gutwara APR FC igikombe cy’amahoro muri Mutarama 2023. Icyo gihe, iyi kipe y’ingabo yakinishaga Abanyarwanda gusa yatsinze igitego kimwe ku busa.


