Minisitiri w’Intebe wa Canada ari mu nzira aza mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, ari mu nzira aza mu Rwanda kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma mu bihugu bya Commonwealth yatangiye tariki ya 20 Kamena 2022.

Indege yamuvanye muri Canada mu masaha arenga 9 ashize. Ibiro bye byasobanuye ko mu mwanya muto uri imbere araba ageze mu murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali.

Ibiro bye byatangaje ko mu byo Minisitiri Trudeau azavugaho muri iyi nama harimo gushimangira uruhare rwa Canada mu guharanira ubwisanzure, demukarasi, amahoro n’iterambere mu batuye ibihugu bigize Commonwealth.

Minisitiri Trudeau kandi ngo yiteguye “kwifatanya n’ibihugu bigize Commonwealth mu gutuma u Burusiya buryozwa kwinjira bitumvikana muri Ukraine”, no gushaka umuti w’ibibazo birimo ibura ry’ibiribwa n’imihindagurikire y’ibihe.

Mu cyumweru gishize, Minisitiri Trudeau yaganiriye na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri iyi nama yiteguraga kwitabira. Baganiriye ku ngingo zirimo: demukarasi, uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’intambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *