FB_IMG_17424859677166320

Minisitiri wa Siporo yasuye Amavubi mbere y’umukino na Nigeria

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Nelly Mukazayire yasuye ikipe y’igihugu y’Amavubi mu myitozo mbere y’uko ihura na Nigeria ku wa Gatanu. 

Kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Werurwe 2025 nibwo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire wari uherekejwe na Perezida wa FERWAFA basuye ikipe y’igihugu y’Amavubi mu myitozo.

Mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi ndetse n’abatoza, Minisitiri Mukazayire yashimangiye ko iyi mikino ari ingenzi bityo abasaba ko bazakora ibishoboka byose bakitwara neza.

Abatoza n’abakinnyi b’Amavubi bakomeje kwitegura uyu mukino, aho biteze ko bazashimangira umwuka mwiza wo gukorera hamwe mu guhangana n’ikipe ya Nigeria.

Umukino wa Amavubi na Nigeria uraba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe 2025 muri sitade Amahoro saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba. FB IMG 17424859856095944 FB IMG 17424859881022041 FB IMG 17424859798919557 FB IMG 17424859828331799 FB IMG 17424859677166320 FB IMG 17424859907518299 FB IMG 17424859748017033 FB IMG 17424859774464690 FB IMG 17424859701009771 FB IMG 17424859725249885

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *