Misiri: Inkongi y’umuriro mu kiliziya yahitanye byibuze Abakirisitu 41 abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Itorero rya Coptic ryo mu Misiri, rishingiye ku mibare yatanzwe na minisiteri y’ubuzima, ryatangaje ko abantu 41 bishwe abandi 55 bagakomereka mu nkongi y’umuriro yibasiye kiliziya yo mu Mujyi wa Giza, hafi ya Cairo.

Minisiteri y’ubuzima mu Misiri yari yabanje kuvuga ko abantu “benshi” bapfiriye kuri iki Cyumweru mu kiliziya cy’iri torero giherereye ahitwa Abu Sifin mu gace ka Imbaba.

Amakuru ava mu nzego z’umutekano agera ku Biro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko inkongi yatewe n’umuriro w’amashanyarazi yadutse mu gihe abasenga 5.000 bari bateraniye mu misa, bituma haba umubyigano.

Imodoka 15 zo kuzimya umuriro zoherejwe aho hantu kugira ngo zizimye umuriro mu gihe imbangukiragutabara yajyanye abapfuye mu bitaro biri hafi aho.

Ibiro bya perezida byavuze ko Perezida Abdel Fattah el-Sisi yavuganye kuri telefoni n’Umuyobozi w’Abakirisitu b’Aba-Copt, Papa Tawadros wa II w’Abakopi kugira ngo amwihanganishe.

Ku rubuga rwe rwa Facebook yagize ati: “Nakusanyije serivisi zose za Leta kugira ngo ingamba zose zifatwe.”

Serivisi ishinzwe kuzimya umuriro nyuma yaje kuvuga ko umuriro wahagaritswe.

Itorero rya Copt ni umuryango munini wa gikirisitu mu Burasirazuba bwo Hagati, ugizwe byibuze na miliyoni 10 mu baturage ba Misiri miliyoni 103.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *