Umuburo wo kwitegura ibitero byo mu kirere watanzwe muri Ukraine yose kuri uyu wa Kane, mu gihe missile z’u Burusiya zibasiye imijyi y’ingenzi yo muri iki gihugu .
Umujyanama wa Perezida, Mykhailo Podolyak, yavuze ko misile zirenga 120 zarashwe ku baturage no ku bikorwa remezo bya gisivili.
Umuyobozi w’Umujyi w Kiev, Vitaliy Klitschko, yavuze ko byibuze abantu batatu – barimo n’umwana w’umukobwa w’imyaka 14, bajyanywe mu bitaro nyuma y’uko ibisasu byibasiye umurwa mukuru.
Ibisasu byumvikanye kandi mu mijyi ya Kharkiv, Odesa, Lviv na Zhytomyr nk’uk bitngazwa na BBC.
Umuyobozi w’akarere mu ntara ya Odesa yo mu majyepfo, Maksym Marchenko, yavuze “ibitero binini bya misile byagabwe kuri Ukraine”.
Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zavuze ko u Burusiya bwibasiye iki gihugu buturutse “mu bice bitandukanye hakoreshejwe misile ziva mu kirere no mu nyanja” yongeraho ko na drone zitari nke za Kamikaze nazo zakoreshejwe.
Kuri uyu wa Kane mu gitondo, umuburo w’ibitero byo mu kirere wumvikanye mu turere twose tw’igihugu. Umujyanama wa Perezida, Oleksiy Arestovych, yasabye abasivili gushaka aho bihisha avuga ko ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere bukora.
Ubuyobozi bw’igisirikare mu mujyi bwatangaje ko i Kyiv, amazu abiri yangijwe n’ibisigazwa byavuye kuri misile zarashwe, mu gihe Klitschko we yavuze ko haturitse”ibisasu byinshi”.
Mu karere k’amajyepfo ka Mykolaiv, Guverineri Vitaly Kim yanditse ko misile eshanu zafashwe n’ingabo zirwanira mu kirere.
Marchenko yavuze ko misile 21 zarashwe mu karere ka Odesa. Yongeyeho ko ibice bya misile byibasiye inyubako yo guturamo ariko nta muntu wahitanye.
Mu mujyi wa Lviv mu burengerazuba, Umuyobozi w’akarere, Andriy Sadovy yavuze ko haturitse ibisasu byinshi.


